Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Ingabo z’Inkeragutabara

Inkeragutabara ni umutwe w’Ingabo z’u Rwanda ugizwe n’abasirikare bakora mu buryo buhoraho n’abandi bakora mu buryo budahoraho ariko bashobora guhamagarwa mu kazi igihe cyose bibaye ngombwa.

Ingabo z’Inkeragutabara

Inkeragutabara ni umutwe w’Ingabo z’u Rwanda ugizwe n’abasirikare bakora mu buryo buhoraho n’abandi bakora mu buryo budahoraho ariko bashobora guhamagarwa mu kazi igihe cyose bibaye ngombwa.

 

IMITERERE Y'INGABO Z'INKERAGUTABARA

Inkeragutabara zigizwe na:

  1. Inkeragutabara z’Injyarugamba;

  2. Inkeragutabara zunganira 

  3. Inkeragutabara zifashishwa mu bumenyi bwihariye

 

Inkeragutabara z’Injyarugamba

Inkeragutabara z’injyarugamba ni icyiciro cy’abakiri bato, bashobora guhamagarwa mu kazi igihe icyo aricyo cyose mu kongerera imbaraga Ingabo z’u Rwanda ziri mu kazi.

 

Inkeragutabara zunganira

Inkeragutabara zunganira ni icyiciro kigizwe n’inkeragutabara zirimo abahoze mu Ngabo z’u Rwanda bashoje amasezerano yabo ndetse n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, baba bagifite inshingano yo kunganira Ingabo z’u Rwanda ziri mu kazi mu gihe bibaye ngombwa.

 

Inkeragutabara zikenerwa mu bumenyi bwihariye

Ni icyiciro kigizwe n’inkeragutabara zifite ubumenyi n’ubuhanga bwihariye bukenewe mu kongera ubushobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

INSHINGANO Z’INKERAGUTABARA

Inkeragutabara zifite inshingano zikurikira:

  1. Gutanga, igihe zishubijwe mu kazi, imitwe n’abantu ku giti cyabo b’inkeragutabara kugira ngo bunganire kandi bazamure imbaraga z’Ingabo z’u Rwanda ziri mu kazi.

  2. Gutegura mu buryo buhoraho inkeragutabara hashingiwe ku byifuzo by’ibikorwa bya gisirikare by’ubu n’iby’igihe kizaza.

Related News

No news available.