UBUYOBOZI BWA RDF BWAKIRIYE APR FC MU KWIZIHIZA IBIKOMBE BITATU YEGUKANYE MURI UYU MWAKA W'IMIKINO
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, uyu munsi yakiriye abakinnyi ba APR FC, abatoza, abagize itsinda ry’ubuyobozi bw’ikipe ndetse n’abafana bayo mu birori byo gusangira byabereye kuri Mess ya Ofisiye bakuru, Kimihurura.
Iki gikorwa cyitabiriwe kandi n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Umugaba w’Inkeragutabara n’abandi bayobozi bakuru muri RDF, cyateguwe mu rwego rwo guha icyubahiro APR FC kubera umusaruro udasanzwe yagezeho mu mwaka w’imikino wa 2025/2026. Iyi kipe yanditse amateka yegukana ibikombe bitatu bikomeye ari byo Igikombe cya Shampiyona ya BK Premier League, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe kiruta ibindi (Super Cup).

Mu ijambo rye, Gen Mubarakh yavuze ko ibi birori ari uburyo bwo gushimira ikipe ku musaruro mwiza n’ubwitange yagaragaje mu mwaka wose w’imikino.
Yagize ati: “Ndabashimira mwese ku bwitange no ku gukorana umurava mwagaragaje. Ni ukubera akazi gakomeye, ubumwe n’umuhate byatumye twizihiza iyi ntsinzi uyu munsi. Mwerekanye kwitwararika n’ubushobozi bwo guhatana budasanzwe. Aho mwahuye n’imbogamizi zitandukanye mwakomeje kugumana ubumwe mu bihe by’intsinzi no mu bihe bikomeye, mugaragaza ukwihangana, kutadohoka no gukorera hamwe nk’ikipe.”
Ibi birori byabaye umwanya mwiza ku buyobozi bwa RDF, abakinnyi, abatoza n’abafana wo kuzirikana no kwishimira ibyagezweho n’iyi kipe, ndetse no kwizihiza umwaka w’imikino uzahora wibukwa nk’umwe mu yahesheje APR FC intsinzi ikomeye mu mateka yayo.
