AMAKIPE YA KARATE YA RDF YIFATANYIJE N’ANDI MAKIPE MU IRUSHANWA RYO KWIBUKA JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI
Ikipe ya Karate ya APR n’Ikipe ya Karate y’Ingabo zidasanzwe (RDF Special Forces) bifatanyije n’andi makipe atandukanye abarizwa mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate mu Rwanda (FERWAKA), mu bagabo n’abagore, mu Irushanwa rya Karate ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryabereye mu Karere ka Karongi.
Iri rushanwa ry’umunsi umwe ryateguwe na FERWAKA ryahuje amakipe ya karate aturutse hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kuzirikana no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ryabaye kandi umwanya wo gukomeza kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge binyuze muri siporo.

Mbere y’uko amarushanwa atangira, abanyamuryango b’amakipe yose yari yitabiriye bifatanyije mu bikorwa byo kwibuka, birimo urugendo rwo kwibuka rwakozwe rugana ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rubengera, aharuhukiye mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 3,439. Mu marushanwa yabaye, ikipe ya APR mu bagabo yegukanye umwanya wa mbere, naho mu bagore ikipe ya Club Rafiki iza ku mwanya wa mbere.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madamu UMUHOZA Pascasie, yashimiye urubyiruko, by’umwihariko Ishyirahamwe rya Karate mu Rwanda, uruhare rwabo rw’indashyikirwa mu gukoresha siporo nk’uburyo bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gukomeza gushyigikira abayirokotse. Yabashishikarije gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza n’ikinyabupfura biranga umukino wa karate.