UMUNYAMABANGA WA LETA MU NTARA YA CABO DELGADO YASUYE INGABO Z' U RWANDA MURI MOCĂŤMBOA DA PRAIA
MocĂmboa da Praia, 22 Ugushyingo 2025
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego z'umutekano z'u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Karere ka MocĂmboa da Praia. Yari aherekejwe n'Umuyobozi w'Akarere ka MocĂmboa da Praia, Sergio Domingo Cypriano, Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwinjiza abantu mu gisirikare muri Cabo Delgado, Lt Col Elsa Domingos Zimia n'Umuyobozi w’Umujyi wa MocĂmboa da Praia, Herena Bandeila.
Intego y’uru ruzinduko yari ugushimangira ubufatanye n’imikoranire n’Inzego z'umutekano z’u Rwanda.
Itsinda ry’abashyitsi ryakiriwe n'Umuyobozi Mukuru w'Inzego z'umutekano z' u Rwanda, Maj Gen Vincent Gatama, ari kumwe n' ukuriye ibikorwa bya Polisi y'u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, CP Bertin Mutezintare, hamwe n’abandi bayobozi. Abashyitsi bahawe ishusho rusange y’umutekano n'ibikorwa Inzego z'umutekano z'u Rwanda zikomeje gukora mu kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.