ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
REF:RDF/DPA/A/10/08/24
Kigali, 13 Ugushyingo 2024
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibabajwe n'ibyago byabereye mu kabari ko mu Kagari ka Rusharara, Umurenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, aho Sgt Minani Gervais w’imyaka 39 akekwaho kurasa abantu batanu akabahitana mu rukerera rwo ku wa 13 Ugushyingo 2024. RDF yataye muri yombi ukekwaho icyaha kandi irafata ingamba zikwiye zo kumukurikirana mu nzira z’amategeko.
RDF yihanganishije imiryango n’inshuti babuze ababo muri ibi bihe by’agahinda.
UMUSOZO